• +250 788 952 617
  • Remera, Amahoro Stadium

Rwanda Swimming Federation

Being The best we can be

News Detail


Posted on 2021-01-11 09:11:42


Perezida Pamela na Komite Nyobozi bafatanyije kuyobora ishyirahamwe ry'umukino wo koga mu Rwanda basuye amakipe y’umukino wo koga (Amafoto)

Posted By Admin

Abayobozi b’Ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (RSF) bashoje igikorwa cyo gusura amakipe yo hirya no hino mu gihugu nkuko bari barabyijeje abanyamuryango b'ishyirahamwe ry'umukino wo koga mu Rwanda mu nama y'Inteko Rusange yateranye taliki02/08/2020. Iki gikorwa cyabaye guhera taliki 14/11/2020 kugeza taliki 06/12/2020, urugendo rwaranzwe no kureba uko amakipe abayeho , kuganira ninzego z'ubuyobozi bw'amakipe, kuganiriza abakinnyi no kubaha impano.

Impano yatanzwe igizwe n’imyambaro yo kogana y’abahungu n’abakobwa aho buri kipe yashyikirijwe imyenda icumi.

Tariki ya 14 Ugushyingo, ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda buyobowe na Girimbabazi Pamela bwasuye ikipe ya Karongi yitwa C.S.Karongi naho tariki ya 15 Ugushyingo 2020, hasurwa andi makipe atatu yitoreza mu Karere ka Rubavu ari yo:Rubavu Sporting club, Gisenyi beach boys ndetse na Vision Jeunesse Nouvelle.

Ikipe ya C.S Karongi ikorera mu karere ka Karongi


Ikipe ya Rubavu Sporting Club ikorera mu karere ka Rubavu


Ikipe ya Gisenyi Beach Swimming Club ikorera mu karere ka Rubavu


Ikipe ya Vision Jeunesse Nouvelle Swimming Club Ikorera mu Karere ka Rubavu

Tariki ya 20 Ugushyingo hasuwe ikipe ya Rwamagana Canoe and Aquatics Sports naho tariki ya 21 Ugushyingo 2020 hasurwa ikipe yaRwesero Swimming Club yo mu karere ka Gicumbi.



Tariki ya 20 Ugushyingo 2020 hasuwe Club ya Rwamagana ndetse bayiha impano kimwe no mu yandi makipe



Taliki ya 21 Ugushyingo 2020 hasuwe club ya Rwesero Swimming Club ikorera mu karere ka Gicumbi




Ikipe ya C.S de Kigali ikorera mu karere ka Nyarugenge





Ikipe ya Les Daulphins Ikorera mu Karere ka Nyarugenge


Ikipe ya Aquawave Swimming Club ikorera mu karere ka Gasabo


Ikipe ya Cool Water ikorera mu karere ka Kicukiro.

Girimbabazi Pamela, Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda, yatangarije abakunzi b'umukino wo koga intego yo gusura amakipe, ati “ibiganiro twagiranye byibanze ahanini kw’iterambere rya siporo yo koga mu Rwanda ndetse no kuzamura impano ku bana bakiri bato ndetse no kurwanya ibiyobyabwenge ku bakinnyi”.

Yakomeje agira ati “twaganiriye kandi kuri gahunda yo gukangurira ama “Clubs” gukomeza ingamba zo kwirinda Covid-19 ndetse no gukomeza imyitozo yo ku butaka mu gihe tugitegereje isubukura ry’umukino wo koga mu Rwanda”

Pamela wamenyekanye mu ikipe y’Igihugu y’umukino wo koga wagiriwe icyizere cyo gutorerwa kuba Perezida w’Ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda (RSF) yakomeje asobanura iby’ingendo batangiye zo gusura amakipe hirya no hino mu gihugu ndetse n’ingamba bafite mu guteza imbere iyi siporo agira, ati “ni urugendo rwo kuba iruhande rwa Club ikatumenya natwe tukayimenya, tuzi ko i Karongi hari Club ikomeye y’abana bitoreza mu mazi kandi b’abahanga, indi ntego ni ukubahumuriza kuko siporo yacu itaremerwa muri ibi bihe bya COVID-19,ariko imikino nisubukurwa abakinnyi bazitabwaho, abakinnyi twabasabye kwiga neza kuko utize no mu minsi iri imbere ntacyo byagufasha muri siporo”.

Kuba abakobwa bakiri bake mu mukino wo koga na byo Pamela yagize icyo abivugaho ati “abakobwa twabaganiriyeho cyane ko batagomba kwitinya bagomba kuza mu mukino wo koga kuko nabo barashoboye kandi bafite amahirwe cyane yo kuzitwara neza bakomeje gukunda umukino bakitwara neza”.

Ubwo yabazwaga uko abona abakinnyi bo mu Karere ka Karongi, yasubije ko hariyo abakinnnyi batanga icyizere ko nibakomeza gukora imyitozo bizabageza kure ati “ibyiza biri imbere ku ikipe ya Karongi nibakomeza gukorera hamwe, twaje dusanga abenshi ari urubyiruko bakiri bato twaganiriye na Komite y’aho twumvikana ko bagiye gushyiramo imbaraga kugira ngo bongere bazamuke bazitware neza bazagire ubuzima bwiza mu minsi iri imbere”.

Abanyamuryango b'ishyirahamwe ry'umukino wo koga mu Rwanda bishyimiye iki gikorwa doreko banavugaga ko iyi komite itangiye gushyira mubikorwa inshingano zayo yatorewe harimo no kwegera ama clubs yose ntawuhejwe. Bityo mu myaka iri imbere u Rwanda ruzabe rufite abakinnyi bazana imidari mu marushanwa mpuzamahanga.

Iki akaba ari kimwe mu bikorwa by’ingenzi Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’umukino wo koga mu Rwanda ikoze mu gihe gito imaze igiyeho kuko yatowe mu ntangiriro za 2020.