• +250 788 952 617
  • Remera, Amahoro Stadium

Rwanda Swimming Federation

Being The best we can be

News Detail


Posted on 2024-08-28 01:38:46


Ayo mahugurwa arimo kubera i Kimironko mu Mujyi wa Kigali yatangiye ku wa 11 Nzeri 2023 akaba atangwa n’Umudage w’inzobere mu mukino wo koga, Sven Spannkrebs, aho yereka abatoza uko barinda abakinnyi impanuka zo mu mazi.

Posted By Admin

                    Abahugurwa banagira igihe cyo gushyira mu bikorwa ibyizwe mu ishuri

Muri aya mahugurwa, abatoza barongererwa ubumenyi ku bijyanye n’uburyo bafasha abakinnyi kwirinda impanuka zo mu mazi ndetse n’uko bashobora gutabara mu buryo bwihuse mu gihe bahuye na zo.

Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Sven Spannkrebs urimo gutanga aya mahugurwa, yavuze ko intego y’aya mahugurwa ari uguha abatoza ubumenyi bazakoresha mu makipe yabo mu gihe kiri imbere.

Yagize ati “Intego y’aya mahugurwa ni ugufasha abatoza kubona ubumenyi bw’ubuzima bwabo bwa buri munsi mu gutoza barinda abana. Twatangiranye n’igice cyo kwiga mu ishuri tubigisha tekinike. Ubu tumaze gukorera mu mazi, aho twatangiye kubaha imyitozo bashobora gukoresha mu gihe kiri imbere.”


        Umudage Sven Spannkrebs yavuze ko ubumenyi ari gutanga buzafasha abatoza mu gihe kiri imbere


Aya mahugurwa ari guhabwa abatoza 25 baturutse mu makipe 10 agize Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda. Biteganyijwe ko azasozwa ku wa Gatanu tariki 22 Nzeri 2023.